Menya ubuzima, kwizera n’ibisobanuro
Ese Alpha ni iki?
Alpha ni uruhererekane rw’inyigisho zitanga ubumenyi ku myizerere ya gikristu. Buri nyigisho ireba ubundi buryo bwo kwizera kandi igashyiraho ikiganiro. Alpha ikorwa hirya no hino kw’isi kandi ntawuhezwa. Ikorerwa ku rubuga, muri za cafe, mu nsengero, za kaminuza, mu ngo n’ahandi. Nta Alpha ebyiri zikorwa kimwe, ariko zigira ibintu bitatu zihuriyeho: kwakira abantu, kuganira no kugira ubusabane bwiza.

Ese isomo rya Alpha riba rimeze gute?

Kujya aho bibera
Yaba aho abantu basangirira ibyo kurya cyangwa ku rubuga banywa icyayi, inyigisho zose zitangizwa n’akanya ko guhura, gusabana no gutsura ubucuti. Gusangira ibyo kurya bituma abantu bahura, bakaganiro ubuzima bwabo mu buryo bwimbitse.

Reba
Ibiganiro bya Alpha bigamije guhuza abantu bo mu ngeri zose, maze bakaganira. Bareba ibibazo bikomeye by’ubuzima kandi bakavuga ku mfatiro z’imyemerere ya gikristu, bakavuga ibibazo nk’urugero “Ninde Yesu?” hamwe na “Imana ituyobora ite?”

Kuganira
Igihe cyo kuganira ni uburyo abantu babona bwo gusubiza ibibazo, kumva ibyo abandi bavuga no gutanga ibitekerezo byabo mu ukuri, mu bucuti no mu mudendezo.
Kureba Alpha zabanje
Alpha Youth Talks Africa n’amagambo y’i Kinyarwanda yanditse hasi n’inyito
Alpha Youth Talks Africa igamije gushyiraho urubuga rwizewe kugirango urubyiruko rubaze ibibazo bikomereye ubuzima bwabo, kwizera n’Imana.
Urwo ruhererekane rubamo inkuru, amashusho, ibibazo hamwe n’ibyo baganiriye muri buri nyigisho, gufasha urubyiruko gutekereza uko ibyo bibazo bijyanye n’ubuzima bacamo hamwe rero no kubaha amahirwe yo kwivugaho, inshuti zabo n’abayobozi babo.
Ndatangira gutei?
Ikintu cyose ukeneye mu gukora Alpha kiraboneka ku rubuga kandi ni ubuntu kugipakurura, rero umuntu wese yagira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abantu.
My Alpha ni urubuga rwo gutegura isomo rya Alpha; Ifite ibikenewe byose mu nyigisho no mubiyamamaza, hari video kuri buri somo.

Tegura Alpha yawe
Andikisha Alpha yawe kugirango uteganye inyigisho z’itsinda ryawe. Amasomo ya Alpha n’igihe udakoresha Alpha. Ubwo ushobora guhamagarira itsinda ryawe kuza kuri MyAlpha no kubona ibiyamamaza byose. Urebe ko washyize mu ruhame Alpha kugirango abantu bashobore kuyibona.

Hugura itsinda ryawe
Ikigo kigishirizwamo kibamo za video zikwigisha wowe n’ itsinda ryawe kandi zituma Alpha ikora neza. Zikubiye mu bice birimo inyigisho z’ingenzi mu gushyira mu bikorwa uko Alpha ikora mu ngeri zose, kuva ku rubyiruko kugeza ku murongo wa Gaturika, bityo ukazabikora neza.

Amamaza Alpha
Shaka video zose zamamaza, ziyobora n’izitanga uburyo ahanditse “Promote” kugirango wamamaze isomo rya Alpha mu rusengero, mu baturanyi no ku mbuga nkoranyambaga. Ntiwibagirwe gushishikariza abo musengana gutumire incuti zabo.

Tegura isomo rya 1
Mu gutegura Alpha wapakurura video z’amasomo n’inyandiko zayo, ukaganira n’itsinda ryawe hamwe n’abashyitsi uko ziyobowe ahanditse“What’s Next (Igikurikiyeho)”, cyangwa “Series Materials (urukurikirane rw’inyigisho)”. Urakoze, ubu witeguye gukora isomo rya Alpha.
Jya ku Gatabo ka Alpha: Ibikuyobora byose
Twashyize hamwe ibyingenzi byose, ibigoranye n’ibiyobora byose ahantu hamwe. Urabigeraho nta kiguzi ukoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga ku gatabo ka Alpha no gushaka ibindi bikenewe kuri MyAlpha.
Ubutumwa ni Ubuntu – Na Alpha n’uko

